jeudi 8 mai 2014



AMAKURU YA PARUWASI BYUMBA (KUVA MU GUSHYINGO 2012- GICURASI 2013)
I.UBWIGISHWA:
Hari ibyiciro bibiri: a)Abakuru  ntibakiboneka mu kibeho; ahubwo ababonetse bashyirwa hamwe n’abagarukiramana bagakurikira inyigisho nibura rimwe mu cyumweru.
b) Abanyeshuri (Batisimu, Ukarisitiya, Ugukomezwa): aba banyeshuri bategurirwa aya masakramentu nibura mu gihe cy’imyaka ibiri.Guhera mu mwaka wa 2010, Paruwasi Byumba yari yafashe umurongo w’abakateshisiti b’abakoranabushake ku masakramentu yose!Ababyifuje bahawe amahugurwa bityo batangira kwigisha abana cyane cyane bikabera mu miryango-remezo.Gusa nyuma y’umwaka umwe, twongeye gusuzuma twasanze benshi baradohotse: ku bantu 146 bari biyemeje ubwo butumwa ubu dusigaranye 54 muri Paruwasi yose!
Amasantrali amwe yifuje gusubira ku bwigishwa bwo hambere (kugira umwarimu kuri buri sakramentu kandi akigisha abanyeshuri  barenga ijana!Hanyuma akabonerwa agahimbazamusyi!Buri Santrali ikaba igomba kugashaka).
II.ABAGARUKIRAMANA
Abifuza guhabwa amasakramentu y’ibanze ndetse n’Isakramentu ry’Ugushyingirwa: ahanini bategurwa igihe cya kategori iba muri buri santrali mu gihe cy’amezi atandatu.Nyuma bamaze gusuzumwa bahabwa amasakramentu.Aba rero bategurwa n’abakateshisiti  kandi hari n’igipande bashyirirwaho imibyizi kikaba kiriho incamake y’inyigisho bahabwa.Aha rero abayobozi ba Santrali badufasha muri uwo murimo ku bwitange.
III.MARIAGE
a.      Urubyiruko: rukunze kwitegura cyane mu gihe cy’icyi.
b.      Abasanzwe bo babana bitegura amezi atandatu ; bagasezerana kabiri mu mwaka (Muri Gashyantare mbere y’igisibo no muri nzeri).
c.       Abakozi bo bakunze kugorana cyane ko baza bafashe gahunda yabo, muri make badafite igihe bityo bagategurwa ku buryo bwihuta!

IV.ITURO
 Ituro  ku bakristu basanzwe ni 1000f hiyongeraho 200f yo kunganira ikigega cya karitasi ya Paruwasi cyo kugoboka abatishoboye!Abandi basabwa icyicumi, nyamara abenshi ntibakunze kurenza 6000 f.Abasore n’inumi 600 f, abana bitegura Ukarisitiya ya mbere 360 f.
Misa z’abapfuye ni 5000 f naho Misa zisabwe ni 1000f.
V. UMUGANURA
500 000f  nyuma y’isakramentu ry’ugukomezwa  cyane cyane mu kwa cyenda!

VI. FOND DE SOLIDALITE/ 6mois
Ibyinjiye:     8 269 005 Frws
Ibyasohotse: 8 194 241 Frws
 10% IMAZE GUTANGWA: 259 845Frws
VII.UMUTUNGO
1.      Amasambu (muri buri santrali hari imbago abkristu bakoresha kugira ngo bashobore kubona ubushobozi batagombye kuza kuri paruwasi) : Shangasha : imirima 8 ;
Rumuri : umurima 1 ; Mukono : uretse imbago yubatsemo Santrali na Sikirisali, nta handi hafatika bafite.Kigogo naho ni uko.Byumba : amasambu atatu duhingamo ubwatsi bw’amatungo ndetse n’imyaka yo gutunga urugo rw’abapadri, andi masambu atatu  arimo amashyamba.
2.      Dufite imodoka imwe
3.      Dufite urugo rw’abapadri na Kantine ya paruwasi ikodeshwa.
VIII. INZEGO Z’UBUYOBOZI + COMMISSIONS
A. 1.Hari inama nkuru ya Paruwasi
     2.Hari abayobozi ba Santrali kandi ku rwego rwa buri Santrali ; hari inama nkuru ya   
       Santrali.Amasantrali ni 5, Sikirisali 17, inama 124, imiryangoremezo 286.
    3.Turacyafite kandi inama z’imirenge, zifatwa nk’urwego mpuzamiryangoremezo.
    4.ku rwego rwo hasi hari umuryangoremezo ; urwego rwegereye abakristu kandi
      rufite ububasha mu gufata ibyemezo no mu kubishyira mu bikorwa.
B.Dufite za komisiyo zinyuranye: 
     1. Karitasi
     2. Ubutabera n’amahoro
     3. Abalayiki
     4. Liturijiya
     5. Abageni ba Kristu
C. Imiryango ya Agisiyo Gatolika
     Abakarisimatike, Abalejiyo, Mariali,  Karumeli, Abanyamutima,
     JEC, JOC, SCOUT, XAVERI, SANT’ EGIDIO.
     Umubare w’abakristu: 74 679.
IX.UMWAKA W’UKWEMERA
Muri uyu mwaka w’ukwemera hatekerejwe igikorwa cyo gukangura abakristu no kuzirikana ku kwemera kwacu. Ibyo bigaragarira mu isengesho rivugwa buri munsi mu Misa, hashyizweho intego y’uy’umwaka w’ukwemera muri paruwasi yacu  yigishwa abakristu muri gategori ikorwa buri cyumweru, gutambagiza ishusho rya Bikira Mariya w’i Kibeho. Ikindi kandi dufashijwe n’umuryango wa Bibiliya mu Rwanda, ubu ingo zigera kuri 259 zo muri paruwasi yacu zitunze Bibiliya Ntagatifu, bakaba barashishikarijwe gusoma Ijambo ry’Imana kandi no kurishiyira mungiro mubyo ridusaba. Kurikunda no kurikundisha abandi.
X.UMWAKA W’UMURYANGO
Hari muri buri santrali amatsinda yiteguye kandi ahabwa inyigisho buri kwezi!Kandi by’umwihariko muri uku kwezi kwahariwe Bikira Mariya, ayo matsinda yahuguwe ku”mwanya Bikira Mariya mu rugo”.Iyo nyigisho ikaba yaratanzwe na Musenyeri Kizito. Gahunda ya forum y’ingo turacyayitekerezaho!

   XI. URUGENDO NYOBOKAMANA I KIBEHO N’I NAMUGONGO
AMAZINA
CONTRIBUTION
UBURYO
1.      HABUMUREMYI Materne


2.      SAFARI Viateur


3.      HAVUGIMANA Cyprien


4.      Fr.NDAGIRIYIMANA Augustin



N.B.: Abakristu baramenyeshejwe mu matangazo ariko nta numwe uratumenyesha ko    
         azitabira cyane cyane urugendo rw’i Namugongo.
XII. THEME PASTORAL 2013- 2014
“ Mureke Imana ibigarurire” (2Kor 5, 20).
Nyuma yo kuzirikana ku mwaka w’ukwemera, tubona icyafasha abakristu twese muri rusange ari iyi nsanganyanyamatsiko yo kwigarurirwa n’Imana; ari byo bivuga kwiyunga n’Imana ndetse n’abavandimwe bandi.
Dieu est Amour, A MOI IL A DONNE TOUTE SA MISERICORDE

Aucun commentaire: